Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
TAKE CARE AND FIND THE INTREST

WELCOME TO THIS WEB PAGE

Ibiciro bishya by’ingendo byashyizwe ahagaragara, i Kigali ntibyahindutse

Ibiciro bishya by’ingendo byashyizwe ahagaragara, i Kigali ntibyahindutse


INGENDO

Nyuma y’aho Ikigo cy’Igihugugu Ngenzuramikorere (RURA) cyamaze gushyira ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo bigomba gutangira gukurikizwa ku wa 6 Mutarama 2015.

Ibi biciro bishyizwe ahagaragara nyuma nyuma y’iminsi itatu RURA itangaje ko amafaranga y’ingendo agabanutseho ifaranga 1 ku kilometero kubera ihanantuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku isoko mpuzamahanga no mu Rwanda.

Ibi biciro byashyizweho kuri uyu wa 5 Mutarama 2015, RURA yavuze ko byabazwe hakurikijwe intera ibarwa mu birometero by’urugendo rukorwa n’imodoka nini zitwara abagenzi.

Mu kubara ibi biciro hari aho ibiciro byahindutse n’aho byagumye uko byari bimeze.

Umuyobozi w’Agashami ko gutwara abantu n’ibintu muri RURA, Emmanuel Asaba Katabarwa yatangarije IGIHE ko ibi byatewe no kuba hari aho wasangaga hagomba kuvaho amafaranga makeya cyane, bagahitamo kubyihorera.

 

Yagize ati ”Nk’urugero, urugendo rwa Musanze – Rubavu rwari rusanzwe ruri ku mafaranga 1100 rukaba rwagumye kuri aya mafaranga, kuko imibare yakozwe yasanze uru rugendo rwagura amafaranga 1116 y’u Rwanda.”

Ingendo zagaragaye ho impinduka ni nk’urugendo rwa Kigali – Huye rwagiye ku 2400 n’urugendo rwa Kigali – Rusizi rwagiye ku bihumbi 5000 Frws n’izindi ngendo zagiye zigabanukaho ijana cyangwa mirongo itanu.

Abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali ho ntacyahindutseho ku biciro by’ingendo dore ko ahensi hagombaga kuvaho amafaranga 10 cyangwa 15.

Kanda hano urebe uko ibiciro bihagaze.

Iri gabanuka ry’ibiciro ribayeho nyuma y’imyaka 2 ibiciro by’ingendo mu Rwanda bitagabanuka. Iri gabanuka ry’ibiciro rije rikurikira ihanantuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli.

 

KIGALI – BUHANDA 1550
KIGALI – BASE 1,150
KIGALI – BATIMENT1,200
KIGALI – GAKENKE 1,150
KIGALI – GASHORA 1,100
KIGALI – GATUNA 1,400
KIGALI – GICUMBI 950
KIGALI – HUYE 2,400
KIGALI . KAGITUMBA 3,400
KIGALI – KARONGI 2,450
KIGALI – KAYONZA 1,350
KIGALI – MUHANGA 850
KIGALI – MUSANZE 1,650
KIGALI – MUSHUBI 2,800
KIGALI – NGOMA 1,950
KIGALI – NGORORERO 2,000
KIGALI . NYAGATARE 2,900

KIGALI . NYAMAGABE 2,900
KIGALI – NYAMATA 550
KIGALI – NYANZA 1,600
KIGALI – RUBAVU 2,900
KIGALI – RUHANGO 1,250
KIGALI – RUHUHA 1,300
KIGALI – RUSIZI 5,000
KIGALI – RUSUMO 2,950
KIGALI – RWAMAGANA 1,050
KIGALI – ZAZA 2,400
GICUMBI – GATUNA 550
HUYE – AKANYARU (BAS) 550
HUYE – AKANYARU (HAUT) 550
HUYE – NYAMAGABE 450
HUYE – NYANZA 550
HUYE – NYARUGURU 850
HUYE – RUSIZI 2,700
KAYONZA – NGOMA 550
KAYONZA – NYAGATARE 1,500
KAYONZA – RUSUMO 1,750
MUHANGA. HUYE 1,350
MUHANGA – KARONGI I,700

 

MUHANGA – NYAMAGABE 1,800
MUSANZE – CYANIKA 400
MUSANZE – GICUMBI 1,850
MUSANZE – KABAYA 950
MUSANZE -.MUHANGA 2,000
MUSANZE – MUKAMIRA 400
MUSANZE – NGORORERO 950
MUSANZE – RUBAVU 1,100
MUSANZE – VUNGA 400
NGOMA – RUSUMO 1,100
NGOMA – RWAMAGANA 850
RUBAVU – KARONGI 2,000
RUBAVU – KAYOVE 1,000
RUBAVU – MAHOKO 200
RUSIZI -BUGARAMA 900
RWAMAGANA – GABIRO 1,250

RWAMAGANA – KAGITUMBA 2,400
RWAMAGANA – KAYONZA 200
RWAMAGANA. NYAGATARE 1,750

Partager cet article
Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article